Kuwa: 05/02/2024
ITORERO EAR RWANTONDE
PAROISSE RWANTONDE
PROJECT RW0652 EAR RWANTONDE
0783455122 / 0786298672
ITANGAZO RY’ISOKO
Itorero EAR Rwantonde Paroisse Rwantonde rifite umushinga RW0652 EAR Rwantonde uterwa inkunga na compassion International Rwanda ririfuza gutanga isoko ryo koroza imiryango y’abana ingurube 145.
Abifuza gupiganira iri soko bose barasabwa gutanga ibyangombwa by’ipiganwa bikurikira :
- Ibaruwa isaba isoko yandikiwe umushumba w’itorero EAR RWANTONDE
- Proforma igaragaza igiciro cya kimwe n’igiciro cya byose
- Kuba afite campany abarizwamo
- Kuba afite compte muri bank ifite ikoranabuhanga
- Kuba afite TIN number yo muri RRA na TVA
- Kuba afite icyangombwa cyerekana ko nta mwenda abereyemo RRA na RSSB kitarengeje amezi 3 kiriho umukono wa noteri
- Kuba afite cachet kandi atanga facture ya EBM
- Kuba yemera kwishyurwa hakoreshejwe OP
- Kuba afite registre y’ubucuruzi itangwa na RDB y’ubucuruzi igaragaza ko rwiyemezamirimo asanzwe akora iyi mirimo ari gupiganira
- Fotocopy y’indangamuntu yanyiri company cg icyemezo gisimbura indangamuntu cyemewe n’amategeko kitarengeje amezi atatu.
- Ibyangombwa by’ipiganwa byoherezwa kuri emails uko ari ebyiri (itoherejwe habiri dossier iba impfabusa): rwantonde@gmail.com na Cuwase@rw.ci.org kuva ku italiki 05/02/2024 kugeza kuwa le 19/02/2024 saa mbiri (8h00) za mugitondo nyuma yiyisaha nta dossier izakirwa ni nabwo hazafungurwa amabaruwa y’isoko. Umubare w’ingurube 145 kandi zifite ibiro 25kg-40kg abitabiriye bazamenyeshwa ibyavuye mu ipiganwa kuri email zabo uzatsindira isoko azabimenyeshwa nawe kuri email ye by’agateganyo, nyuma ahabwe ibaruwa imwemerera isoko hakorwe n’amasezerano. Ku ibindi bisobanuro wahamagara 0783455122 / 0786298672
- NB: Gusura sample ahobiri ngombwa biba mu iminsi y’akazi mu igihe cyavuzwe haruguru kandi nta muntu wemerewe gupiganwa kumyanya ibiri akoresheje Company imwe.
Bikorewe; Rwantonde kuwa 05/02 /2024
Rev. Habanabakize Thomas